Kw'ifoto, murabona Madamu Gatayire Marie Claire,
Visi-Perezida wa kabiri wa
Ibuka.
Dusabimana Claver – igihe.com, taliki ya 29 Werurwe 2012
"Uwamwezi M. Claire ni umwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, akaba amaze imyaka itari mike arwaye ibikomere yasigiwe na Jenoside. Ubu yari amaze igihe arwariye mu bitaro byitiriwe Umwami Faycal aho yavuzwaga n'ikigega gishinzwe gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG).
Uwamwezi avuga ko FARG yamugejejeho ibaruwa imubwira ko bahereye ku myanzuro ya Komisiyo y'Abaganga bashinzwe kohereza abarwayi kwivuriza hanze y'igihugu yo ku itariki ya 16 Gashyantare 2012, yemeje ko yemerewe kujya kuvurirwa mu gihugu cy'u Buhinde.
Yakuwe mu bitaro kuko atwara amafaranga menshi
Muri iyo baruwa kandi FARG ivuga ko Uwamwezi atakomeza kuba muri ibyo bitaro kubera ko bitwara amafaranga menshi yakavuye abandi. FARG iti " Tuboneyeho umwanya wo kugusaba kuva mu bitaro urimo ubu, ari byo King Faisal Hospital, bitarenze tariki ya 23/03/2012, kuko kubamo utavurwa bikomeje gutwara amafaranga menshi yakwifashishwa mu kuvuza abandi bagenerwabikorwa ba FARG
Akimara kuyibona, Uwamwezi yavuze ko bimutunguye kuko ubusanzwe ari umuganga ufata icyemezo cyo gusezerera umurwayi bitewe n'uko abona uburwayi bumeze.
Gatayire Marie Claire, Visi Perezida wa kabiri wa Ibuka ubwo twamusangaga kuri ibyo bitaro yasuye uwo murwayi, yatangarije IGIHE ko iki cyemezo cya FARG cyamutangaje ndetse ngo ni agahomamunwa kuko nta burenganzira FARG ifite bwo kuvana umuntu mu bitaro igihe cyose ataroroherwa.
Ku bijyanye n'ubufasha, Gatayire yagize ati " icyo dukora ni ugufatanya n'izindi nzego mu kumukorera ubuvugizi akaba yajya kwivuza aho yumva yabona ubuvuzi ".
Ku bijyanye n'ikibazo cy'imibereho Uwamwezi arimo muri iki gihe, Ruberangeyo yavuze ko bakomeza kumukurikirana kandi ngo na buri kwezi bamuha amafaranga ibihumbi 50 mu gihe abandi babaha 5.000.
Uwamwezi yavuye muri ibyo bitaro saa tanu z'ijoro arataha, ariko ngo yageze iwe i Nyamirambo asanga nta kintu na kimwe kiba mu nzu kandi atuye imbere y'Umurenge.
Ati " narahageze nsanga nta kintu na kimwe gihari, ibintu byanjye byose barabitwaye, nta n'icyo kurya mfite, mba mu nzu njyenyine ndetse n'imyaka nari narahinze nasanze barayisaruye sinzi irengero ryayo".
Asaba ubuyobozi kumuba hafi, dore ko ngo n'icyunamo cyageze.
Uyu Uwamwezi yari yaremerewe kujya kwivuriza mu Bubiligi tariki ya 01 Ukuboza 2009 ku kibazo yagize mu myaka ya 1993 na 1994, aho yatewe ibyuma byinshi harimo icyo yatewe hagati y'amabere no mu mugongo bimuviramo gukomereka igihaha cy'ibumoso.
Kubera
ubwo burwayi bumukomereye, Uwamwezi yifuza ko yajya kwivuriza mu
Bubiligi kuko ariho yabona insimburangingo. Akaba asaba buri wese
ufite umutima w'impuhwe kumufasha akivuza ubu burwayi. Ubishoboye
rero ngo yanyuza inkunga ye kuri konti No 00040028462762 iri muri
BK. »
http://igihe.com/amakuru/mu-rwanda/farg-yamutegetse-kuva-mu-bitaro-kandi-akirwaye.html











Commentaires